skol
fortebet

Abana b’abakire bakoresha Instagram bashyize hanze amafoto yaciye ibintu hirya no hino ku isi [AMAFOTO]

Yanditswe: Sunday 18, Aug 2019

Sponsored Ad

Urubuga rwa Instagram rushyirwaho amafoto atandukanye arimo atuma benshi bacika ururondogoro by’umwihariko abana b’abakire batandukanye bakunze gushyira hanze agaragaza ubukire bwabo n’imikoreshereze mibi y’amafaranga batunze.

Sponsored Ad

Amwe mu mafoto aba bana bashyize hanze harimo umwe wifotoje ari gukoresha amafaranga mu bwiherero nk’ipapuro z’isuku,uwatwitse imodoka ye ya Mercedes G-Wagen igura akayabo k’ibihumbi 87 by’amapawundi,umukobwa wifotoje aryamye mu bwogero bwuzuye amadolari ari kuyajugunya mu kirere.

Aba bana b’abakire ntabwo bakora ibi bakoresheje amadolari y’amiganano ahubwo aba ari amadolari ya nyayo.

Aba bana b’abakire bakunze kugaragaza imitungo batunze arimo amasaha ahenda cyane yo mu bwoko bwa Rolex










Ibitekerezo

  • birantejeje kureba abakinisha cash abandi. barayabuze!!!!
    haaaaaaaaaaaaaaaaaaaa

    UBUKIRE hari ubwo butera ubusazi.Nkuko bible ivuga,akenshi ubukire buteza "ibibazo byinshi".
    Ikindi kibazo nyamukuru,nuko gukira cyane bituma ABAKIRE benshi bakora ibyo Imana itubuza.
    Tujye twibuka ko UBUKIRE butatubuza kurwara,gusaza no gupfa.Niyo mpamvu niba dushaka Ubuzima bw’iteka muli Paradis,Yesu yadusabye "gushaka mbere na mbere ubwami bw’imana" nkuko Matayo 6,umurongo wa 33 havuga,aho kwibera mu byisi gusa.Abantu bumvira iyo nama Yesu yasize aduhaye,azabazura ku Munsi w’Imperuka,abahe ubuzima bw’iteka nkuko yabyivugiye muli Yohana 6,umurongo wa 40.Ntimukishinge bariya bavuga ngo iyo dupfuye tuba twitabye imana.Ntabwo bihuye n’ibyo Bible yigisha.Ikizere cyonyine cy’umuntu upfuye cyo kuzongera kubaho,nta kindi uretse umuzuko wo ku munsi w’imperuka ubikiwe abapfuye bumvira imana kandi batibera mu byisi gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa