skol
fortebet

Umupolisi yafashwe ari gusambanya ku ngufu umurwayi wa Coronavirus uri mu kato

Yanditswe: Sunday 19, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Mu ntara ya Busia mu gihugu cya Kenya, umupolisi yambuwe intwaro anatabwa muri yombi mbere yo gushyirwa mu kato, nyuma yo gufatwa asambanya ku ngufu umurwayi wa Covid-19 wari mu kato.

Sponsored Ad

Citizen TV yavuze ko uriya mupolisi yari umwe mu bagize ikipe y’Abapolisi babiri n’abacungagereza batatu bari boherejwe kuri gereza ya Busia aho bari bahawe inshingano zo gucungira umutekano ikigo gikorerwamo amahugurwa y’ubuhinzi cyashyizwemo akato k’abanduye icyorezo cya Covid-19.

Raporo ya Polisi ya Kenya Citizen yashoboye kubona, ivuga ko ku wa kane w’iki cyumweru umwe mu bapolisi bari bashyizwe ku irondo muri kiriya kigo, yabonye mugenzi aguyaguya umugore wari mu kato, bimwanga mu nda ahita ajya kureba bagenzi be kugira ngo abamenyeshe ibyo yari yiboneye ndetse n’ibyo yakekaga.

Uwo mupolisi ngo na bagenzi be bahise bagaruka aho yari asize umurwayi na mugenzi we, gusa ntibahabasanga.

Ngo bahise batangira kubashakira hirya no hino mu kigo, bigeze muma saa sita z’ijoro , bumva urusaku rwaturukaga mu cyumba cyari cyashyizwemo abagore.

Ngo bihutiye kuhagera basanga abarwayi bose basohotse, batera hejuru bavuga ko “Umupolisi yasambanyaga” wa mugore bashakaga.

Abakozi b’inzego z’ubuzima bahise bahamagazwa, maze uwo mupolisi yamburwa intwaro na bagenzi be bamukuriye bo kuri gereza ya Busia mbere yo gushyirwa mu kato.

Kuri iki cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2020,mu Rwanda habonetse abantu 43 banduye COVID-19.Abagaragawe kwandura Coronavirus barimo abo mu mujyi wa Kigali:34 (Itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko),Rusizi:3,Rubavu:3, Rutsiro:1, Nyabihu:1, Nyamasheke:1.

Abamaze kwandura Coronavirus bose mu Rwanda babaye 1582. Uyu munsi hakize abantu 15 bituma umubare w’abamaze gukira bose uba 834. Abakirwaye:743.Abamaze gupfa ni 5.

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.

Abaturarwanda muri rusange basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

Ubuyobozi bw’u Burusiya bwatangaje ko bushobora gushyira hanze urukingo rwa COVID-19 bitarenze Nzeri uyu mwaka, bwamagana amakuru yavugaga ko bwinjiye mu mabanga y’ibindi bihugu bukiba amakuru y’abashakashatsi bo mu Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada ajyanye n’inkingo bakoraga.

Umuyobozi w’Ikigega cy’u Burusiya gishinzwe Ishoramari, Kirill Dmitriev, yatangaje ko u Burusiya “bushobora kuba kimwe mu bihugu bikoze urukingo rwa Coronavirus” nubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi bigo bikomeye ku Isi mu bijyanye n’imiti biri gushora miliyari nyinshi z’amadolari mu kurukora.

Perezida Vladimir Putin yashyize ku isonga ikorwa ry’urukingo rwa Coronavirus nka kimwe mu bigomba kugabanya ikwirakwira ry’iki cyorezo. Mu gihugu cye abantu barenga ibihumbi 750 banduye iki cyorezo, ndetse ni icya kane cyibasiwe cyane ku Isi.

Mu Burusiya, urugendo rwo kuvumbura uru rukingo rurakomeje. Buvuga ko mu gihe cy’amezi atatu buzanzura niba igerageza ryarwo ryaratanze umusaruro.

Mu gihe u Burusiya bwagera kuri uru rukingo mbere y’ibindi bihugu, abasesenguzi basanga bishobora gutera ikibazo cya politiki hibazwa ku bakwiriye kurugezwaho mbere.

U Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada biherutse gutangaza ko abajura mu by’ikoranabuhanga bo mu itsinda APT29 ribarizwa mu rwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cy’u Burusiya baba baragerageje kwiba amakuru y’ubushakashatsi bwakorwaga n’ibi bihugu ku rukingo.

Dmitriev yasobanuye ko nta mpamvu yatuma u Burusiya bwiba amakuru abandi bantu bari gukora urukingo, kuko bwamaze gusinyana amasezerano n’ikigo AstraZeneca Plc yo gukora urukingo, bigakorwa n’ikigo cyo mu Burusiya kiri mu bikomeye bikora imiti cyitwa R-Pharm.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa