skol
fortebet

Umuryango wa Bobi Wine uratakamba kubera inzara

Yanditswe: Monday 18, Jan 2021

Sponsored Ad

skol

Nyuma yo kumara iminsi ine ufungiwe n’abasirikare mu rugo, umuryango wa Bobi Wine uratakamba uvuga ko ubu ibiribwa byamaze kuwushirana.

Sponsored Ad

Ni ubutumwa bumaze gutangarizwa ku rubuga rwa Twitter rw’uyu munyapolitiki wari umaze iminsi ikabakaba ibiri acecetse. Ati: “Iminsi ine irashize abasirikare bagose urugo rwacu, bafungiye umugore wanjye nanjye mu rugo rwacu.”

Akomeza ati: “Ibiribwa byadushiranye, ejo ubwo umugore yajyaga mu isambu gushaka ibiribwa, yasubijwe inyuma, abasirikare bari mu rugo rwacu baramuhohotera.”

Tariki ya 15 Mutarama 2021 ni bwo Bobi Wine yatangaje ko abasirikare bagose urugo rwe, nyuma y’aho yari amaze gutangaza ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ni mu gihe ku munsi wakurikiyeho, Komisiyo y’Amatora yatangaje ko Yoweri kaguta Museveni yatsinze ku majwi 58.64%, Bobi Wine agira amajwi abarirwa muri 34%.

Bivugwa ko kuba abasirikare baragose urugo rwa Bobi Wine, ari ukugira ngo bakumire imyigaragarambyo byakekwaga ko ishobora kuba nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, mu gihe bigaragaye ko uyu mukandida yatsinzwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa