skol
fortebet

Israel: Umucungagerezakazi yaryamanye n’imfungwa bituma abagore bakumirwa muri ako kazi

Yanditswe: Saturday 30, Sep 2023

featured-image

Sponsored Ad

Abasirikare b’igitsina gore muri Israel bagiye kubuzwa gucunga gereza kubera mugenzi wabo uvugwaho gusambana n’imfungwa ya Palestina ihafungiye.

Sponsored Ad

Ibinyamakuru bya Israel bivuga ko umusirikare w’umugore yaryamanye n’umugabo w’umunya-Palestina ukurikiranyweho igitero cyahitanye ubuzima bw’abasivire ba Israel.

Bivugwa ko uno mugore yari mu gisirikare ku itegeko nk’uko bitegetswe ku banya-Israel benshi.

Abagore bagomba kumara nibura imyaka ibiri mu gisirikare, abagabo nabo amezi 32.

Urukiko rufite ikirego cy’uyu musirikare kazi wasambanye rwategetse ko andi makuru arebana na gereza icyaha cyabereyemo yagirwa ibanga.

Ibinyamakuru bya Israel bivuga ko mu gihe yabazwaga , uyu musirikarekazi yavuze ko hari abandi bagenzi be baryamana n’imfungwa.

Iyi mpfungwa y’umunya-Palestina yahise ivanwa mu cyumba yari ifingiyemo ijyanwa kure y’abandi nk’uko byatangajwe rw’urwego rw’amagereza muri Israel (IPS).

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa