skol
fortebet

Intare yishe umukozi wari umaze imyaka isaga icumi ayigaburira

Yanditswe: Tuesday 20, Feb 2024

featured-image

Sponsored Ad

Umukozi witaga ku nzu yororerwamo inyamaswa kuri kaminuza yo muri Nigeria yishwe n’imwe mu ntare yari amaze imyaka hafi icumi yitaho.

Sponsored Ad

Olabode Olawuyi, wari ushinzwe kwita ku nyamaswa zororerwa kuri Obafemi Awolowo University (OAU), yatewe n’iyo ntare ubwo yari arimo kuzigaburira, nkuko iyo kaminuza yabivuze.

Mu itangazo, iyo kaminuza yongeyeho ko bagenzi be batashoboye kumutabara kuko "iyo ntare yari yamaze kumuzahaza".

Iyo ntare yamaze kurambikwa hasi.

Iyo kaminuza yavuze ko uwo witaga kuri izo nyamaswa, wakoreshaga ikoranabuhanga, "yitaga kuri izo ntare kuva zavukira kuri kaminuza mu myaka hafi icyenda ishize".

Kaminuza yagize iti: "Ariko, bibabaje cyane, intare y’ingabo yishe umugabo wari umaze igihe azigaburira."

Ku mbuga nkoranyambaga, Abanya-Nigeria batangaje amafoto ateye ubwoba y’ibyo byabereye kuri kaminuza ya leta ya Nigeria, iri muri leta ya Osun, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’igihugu.

Bivugwa ko iyo nkuru y’ibyabaye yatumye abo kuri iyo kaminuza bajya mu cyunamo.

Kaminuza yohereje itsinda ryo kwihanganisha umuryango w’uwishwe n’iyo ntare.

Umuyobozi wungirije w’iyo kaminuza, Profeseri Adebayo Simeon Bamire, yavuze ko ababajwe n’ibyabaye, anategeka ko hakorwa iperereza ryimbitse "ku mpamvu z’aka kanya n’iziziguye zateje ibyabaye".

Abbas Akinremi, umukuru w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga kuri iyo kaminuza, yabwiye ikinyamakuru Vanguard cyo muri Nigeria ko icyo gitero cy’intare cyatewe n’"ikosa rya muntu", nyuma yuko uwo witaga ku ntare yari yibagiwe gufunga umuryango amaze kuzigaburira.

Uwo uhagarariye abanyeshuri yavuze ko ibyabaye bibabaje, anaha icyubahiro uwo witaga ku nyamaswa wapfuye.

Yavuze ko yari "umugabo mwiza kandi wicisha bugufi, watwitagaho neza igihe icyo ari cyo cyose twabaga tugiye ku nzu y’inyamaswa".

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa