skol
fortebet

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 3 barimo n’Umupolisikazi bafashwe amashusho bahohotera umuturage nijoro

Yanditswe: Thursday 02, Apr 2020

Sponsored Ad

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abantu batatu barimo umunyerondo n’umupolisikazi wo ku rwego rwa Ofisiye, bagaragaye ku mashusho bahohotera umuturage mu muhanda.

Sponsored Ad

Nyuma y’amashusho yashyizwe hanze n’uwitwa Irakoze Kenny agaragaza aba bantu bashinzwe umutekano bari guhohora umuturage,Polisi y’u Rwanda yavuze ko yamaze guta muri yombi aba bantu 3 babigizemo uruhare.

Polisi y’u Rwanda yagize iti “Turabamenyesha ko abantu batatu barimo n’umupolisi, bagaragaye mu mashusho ejo ku wa 1/04/2020, bahohotera umuturage, bafashwe.
Tuributsa abaturarwanda ko kurwana cyangwa kwihanira ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Abaturarwanda mu nzego zose barasabwa kwirinda ibyazana gushyamirana no kurwana aho byaturuka hose.”

Nk’uko bigaragara muri aya mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, byabaye ari mu masaha y’umugoroba kubera amatara yarimo kwaka.

Muri ayo mashusho, umupolisikazi yari afite inkoni, akubita uwo umusore wumvikana avuga ngo "muransubiza aho ntagomba kujya."

Ku rundi ruhande humvikanye undi muntu avuga ngo "mukubite", umunyerondo ahita atega uwo musore agwa agaramye, anagusha umugongo n’umutwe hasi.

Aya mashusho yafashwe mu ibanga hifashishijwe telefoni, ashyirwa kuri Twitter n’uwitwa Irakoze Kenny, wabajije polisi niba ubu buryo bwakoreshejwe busobanutse.

Ibitekerezo

  • none ayo mashusho arihe? komu tayatweretse nukose arimwe mwakoze ibyo iyaba arumuturage mubamwamugara gaje muranyica gusa

    Mujye mutwereka izo nkozi zikibi

    Ntabwo iyi nkuru yanyu isobanutse kbsa mujye munagaragaza ukuri

    Ni ntwari uwayashyize ahagaragara

    kontamashusho mwagaragaj?

    Nonese iyomwanditse inkuru ntimushyireho ababikoze ubundi ntibyarutwa mukabireka?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa