skol
fortebet

Diamond yakuyeho amazimwe y’urukundo rwe na Mimi Mars bagaragara bari mu bwogero boga bahuje urugwiro[AMAFOTO]

Yanditswe: Tuesday 29, Sep 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Nyuma y’amakuru yahwihwisaga iby’urukundo rwa Diamond n’umuhanzikazi Mimi Mars murumuna wa Vanessa Mdee,bakuyeho amazimwe bagaragara bari mu bwogero boga bahuje urugwiro.

Sponsored Ad

Diamond Platnumz, ni umuhanzi wigaruriye imitima ya benshi muri Afurika y’Iburasirazuba cyane cyane mu gihugu cya Tanzania akomokamo. Uko akunda umuziki ni nako akunda kuryamana n’igitsindagore cyane, ubu noneho yerekanye amarangamutima ko akunda umukobwa witwa Mimi Mars.

Diamond ntajya yihishira mu gushidukira abakobwa batandukanye kandi bikarangira abahemukiye mu rukundo. Mu bakobwa barenga 11 bakundanye bose nta n’umwe barambanye, abo akaba ari: Rehema Fabien, Upendo Mushi, Aunt Ezekiel, Wema Sepetu, Penny Mungilwa, Jokate Mwengeleo, Jacqueline Wolpe, Hamisa Mobetto, Tunda Sebasien, Zari Hassan, Tanasha Donna n’abandi.

Mu marangamutima aherutse gushyira ahagaragara yifashishije urukuta rwe rwa Instagram, Diamond yerekanye ko akunda cyane Mimi Mars umuvandimwe w’umuhanzikazi Vanesa Mdee. Mimi Mars nawe ni umuhanzikazi mu gihugu cya Tanzania.

Diamond umugabo ufite abana bane, yemeye ko kuva kera yakundaga uyu mukobwa mwiza kandi akajya kwibaza impamvu atigeze akundana nawe . Diamond ati: “Nahoraga nkunda uyu mukobwa. Mu by’ukuri sinzi aho igihe cyanjye nari naragitereye nk’umuhungu wa Mama Dangote”.

Benshi mu batanze ibitekerezo babajije Diamond niba yiteguye kongera kubona umukunzi ukomoka muri Tanzaniya nyuma y’uko umubano we na Tanasha wananiranye. Uwitwa Aishasiku kuri Instagram yamubajije ati: “Urashaka rero gusubira muri Tanzaniya? Ndabona utararangiza Burundi n’u Rwanda”.

Mimi Mars ni umukobwa w’uburanga akaba n’umuhanzikazi utavugwa cyane mu kujarajara mu rukundo.



Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa