Nzeyimana Alain wari Umuyobozi w’Itorero Inganzo Ngari yitabye Imana kuri uyu wa 26 Ukwakira 2023 azize uburwayi .
Nzeyimana yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal aho yari amaze igihe arwariye.
Nzeyimana ni umwe mu bashinze Inganzo Ngari ryabaye rimwe mu matorero gakondo akomeye mu gihugu cy’u Rwanda, rikaba ryaratangiye ubuhanzi ku muco mu mwaka wa 2006.
Rigizwe n’abanyamuryango barenga 100 bari mu ngeri zitandukanye abahungu n’abakobwa.
Ni itorero ryagiye rimurika kandi rigaragaza ubwiza bw’umuco w’u Rwanda mu mbyino n’indirimbo haba mu Rwanda no mu mahanga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *