skol
fortebet

Kuki itorero ry’Abahamya ba Yehova bazakomeza gufunga insengero? Ikiganiro n’umuvugizi waryo

Yanditswe: Saturday 18, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

Taliki ya 15 Nyakanga 2020 ni bwo inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye iyobowe na Nyakubahwa Perezida w’u rwanda Paul Kagame, yafatiwemo umwanzuro ko Insengero n’Amadini byongera gukora nyuma yigihe kitari gito bihagaze kubera icyorezo cya Covid-19.

Sponsored Ad


Inzu z’Ubwami z’Abahamya ba Yehova hirya no hino zirafunze!

Nyuma yuyu mwanzuro, Amadini yabisamiye hejuru dore ko amashyushyu yari menshi kuri bamwe. Nubwo byari byifashe gutyo, kurundi ruhande itorero ry’Abahamya ba Yehova bo batangaje ko, nubwo bemerewe gufungura ariko bo bazakomeza gufunga.

Mu kiganiro kihariye umuvugizi wiri torero mu mujyi wa Kigali bwana Valens Nkurikiyinka yagiranye n’Umuryango yatangaje ko batazigera bafungura Inzu z’Ubwami z’Abahamya ba Yehova mugihe icyi cyorezo kitararangira mu Rwanda.

yagize ati", Kuva iki cyorezo cyaza nta raporo turakira ivuga ko hari umuhamya wa Yehova wanduye covid-19, ikintu cya mbere gikomeye kidufasha nuko twe twubaha ubuzima, kandi Bibiliya nayo ikadusaba kubaha ubuzima. Nk’urugero naguha Bibiliya itubwira ko iyo umunyamakenga abonye ikibi kije aracyikinga. ariko iyo atabigenje gutyo arakomeza akagenda agahura n’akaga."

Yongeyeho ati", Kuva imirimo hafi ya yose ihagarara, twe nta narimwe twigeze dusiba amateraniro, twifashishije ikoranabuhanga, tuzirikana amategeko twahawe na leta ariko nanone tuzirikana rya hame ryo gukunda ubuzima."

Yavuze ko nta na rimwe bigeze basaba ko bakongera gufungura, ndetse ko n’itangazo ryanditswe n’Ihuriro ry’Impuzamiryango y’Amadini, Amatorero na Kiliziya Gatolika(RIC) ku ngamba zafatwa baramutse babemereye gukora, ko nta ruhare bigeze babigiramo.

Ati"Oya nta ruhare twigeze tubigiramo, ndetse tumaze kumenya ko Amatorero bagiye kuyafungurira twandikiye Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) ko twe tutazafungura kuko igihe kitaragera, barabyishimiye! Suko tutabasha kubahiriza ibyo leta idusaba,twabyubahiriza pe, ndetse na mbere y’uko iki cyorezo kiza, turi mu bambere bubahirizaga umuco w’Isuku ariko nanone tugaruka kuri rya hame ryo gukunda ubuzima."

Yasobanuye kandi ko nubwo amateraniro akorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, ndetse n’abadafite iryo koranabuhanga bahamagarwa ku mirongo ya telefone isanzwe bakigira hamwe ibyigisho bya Bibiliya.

Ibitekerezo

  • Ariko Abahamya ba Yehova mbona aribo Bakristu b’ukuri bonyine muli iki gihe.
    Dore impamvu:Nibo bonyine bigana Yezu n’Abigishwa be,bakajya mu nzira (bagasanga abantu aho bari),bakababwiriza "badasaba icyacumi" nkuko Yezu yabidusabye muli Matayo 10:8.Ikindi kandi,ntabwo bivanga muli politike nk’andi madini.Usanga icyo ashyira imbere ari Icyacumi.Ntabwo uzabona Pastor mu nzira abwiriza nkuko Yezu yabigenzaga.

    Nifuzaga ko mwamfasha kwiga Biblia .

    Amadi agira amayeri menshi tutamanya
    Ubu ba kurahehe cash zo nguterenira kwikoranabuhanga
    Ubuseko bose babasha nguterana nonguhamagarwa i wikorana buhanga Uko bikora turabizi utaba mumugi nibikunda

    Abayehova ndabashimye cyane kuko bakunda ubuzima, gusumba uko andi madini akunda amafranga.

    Ese Mugenzi,ayo mayeri uvuga ni ayahe? Niba uyabona mu idini ryanyu, mu Bahamya ba Yehova ntabamo! Iryo koranabuhanga si ibanga cyangwa amayeri,ahubwo ni uko baha agaciro ijambo ry’Imana kand ko ari kuri. Bigana Pawulo mu Bafilipi 3:7,8.Nawe uryize wasanga nta kindi kirirusha agaciro.

    Iyi niyo Dini y’ukuri nemeye nabera.nnc wambwirango niyihe mpamvu nyamukuru yihutirwa ituma bafungura insengero? Harya ngo COVID 19 tuzayihashya!!! Ibi mbona arukuyimika

    Iyi niyo Dini y’ukuri nemeye nabera.nnc wambwirango niyihe mpamvu nyamukuru yihutirwa ituma bafungura insengero? Harya ngo COVID 19 tuzayihashya!!! Ibi mbona arukuyimika

    Ndutiye Françoise wifuza kwiga Bibiliya yahamagara 0738596262 nkabigufashamo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa