Ali Kiba yatandukanye n’umuyobozi we w’umugore nyuma y’amezi 8 gusa[AMAFOTO]
Yanditswe: Monday 06, Jul 2020
Umuyobozi mukuru wa King Music Record Label, Ali Saleh Kiba uzwi cyane ku izina rya Alikiba yatandukanye n’umuyobozi we Esi Mgimba nyuma y’amezi 8.
Mu kiganiro na radiyo yo muri Tanzania, Umwami Kiba yatangaje ko yahagaritse umubano we (Gukorana) na Esi Mgimba nyuma yo kutumvikana ku bijyanye n’imikorere.
Yagaragaje kandi ko Madamu Mgimba yarwanyije imwe n’imwe mu mikorere yo muri King Music akaba ari yo mpamvu we n’ubuyobozi bwe bahisemo kureka gukorana nawe. King Kiba yagize ati:
Nibyo koko singikorana nawe. Ni imyitwarire y’akazi, yagize ingaruka ku kigo cyacu mu bihe byashize, ariko hari ikintu cyabaye ndetse no kutumvikana hamwe n’ubuyobozi, twemeye kugira icyo tubikoraho turamwirukana.
Alikiba yirukanye umuyobozi (manager) we Esi Mgimba nyuma y’amezi 8 gusa
Abajijwe niba gusohoka k’uyu muyobozi we bizagira ingaruka ku bucuruzi mu nkambi ye, ashingiye ku kuba yarahinduye uburyo bwa Kiba bwo gusohora indirimbo, yagize ati;
Oya, ntacyo bizatwara na gito, Esi yari umuntu ukunda gukora ariko akaba atari afite uburambe, ariko hagati aho yahagumaga cyane kugirango yige gucunga. Umunsi wose twabaga turi kumwe, yakoraga afatanije na @beingaidancharlie ariwe wamuyoboraga mubyo akora. Es yabanje gusohoka kubera umwete we ariko nanjye nashakaga kubikora.
Esi Mgimba yinjiye mu nkambi ya Alikiba mu mpera z’umwaka ushize, nyuma yo gusohoka kwa Christine Seven Mosha wari umaze imyaka myinshi akora nk’umuyobozi wa Kiba.
Alikiba, Christine Seven Mosha, Alikiba
Seven Mosha yashinze akaba n’umuyobozi mukuru wa Rock Star Africa, Label na studio biyobora umuhanzi Ommy Dimpoz. Ni umufatanyabikorwa kandi w’ikinyobwa gitanga ingufu ‘Mofaya’.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *