skol
fortebet

Urukiko rwagize umwere umuherwe Moise Katumbi wari umaze imyaka mu buhungiro

Yanditswe: Saturday 20, Apr 2019

Sponsored Ad

Urukiko rwo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, rwagize umwere umuherwe Moise Katumbi, rukuraho igifungo cy’imyaka itatu yari yarakatiwe mu 2016.

Sponsored Ad

Ku munsi w’ejo taliki ya 19 Mata 2019,nibwo iri tangazo ryagiye hanze ko Katumbi yagizwe umwere ndetse agomba kugaruka mu gihugu cye atikandagira.

Moise Katumbi wahoze ari umuyobozi w’intara ya Katanga,yashinjwe ibyaha bitandukanye birimo kunyereza umutungo wa leta awuha abacanshuro be b’Abarusiya nyuma yo kugaragaza ko ashaka guhangana n’uwari perezida wa RDC,Joseph Kabila.

Umunyamategeko wa Katumbi, Me Jean Joseph Mukendi yagize ati:
“Ndabahamiriza ko urukiko rukuru rwavanyeho iki gihano cy’urukiko rwa Kamalondo rwakatiye Katumbi imyaka itatu y’igifungo ku wa 17 Mata.”

Me Mukendi aravuga ko uku gukurirwaho ibirego n’igifungo bigira Katumbi umuntu ubohotse ku buryo yajya hanze y’igihugu cyangwa akakigarukamo nta kibazo kihabaye.Guhera mu mwaka wa 2016,Moise Katumbi yahungiye mu Bubiligi aho agituye kugeza ubu.

Moise Katumbi wakatiwe iki gifungo ku wa 22 Kamena 2016, ashinjwa ibyaha bitandukanye birimo gukoresha nabi umutungo wa Leta,guha akazi abacanshuro b’abasirikare kugira ngo bagirire nabi ubutegetsi.Katumbi agiye kugaruka muri Congo ndetse yiteguye gutanga ibisobanuro kuri iki cyaha cyo guha akazi abacanshuro nkuko Mukendi yabibwiye Reuters.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa