Umugabo yashyize umwana mu mufuka aramutwika amushinja kumwiba 180 FRW
Yanditswe: Wednesday 04, Mar 2020
Umwana wigaga mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza mu gace ka Bungoma mu gihugu cya Kenya arembeye mu bitaro nyuma yo gutwakwa na se umubyara amushinja ko yamwibye amashiringi ya Kenya 20 angana n’amafaranga asaga 186 FRW.
Uyu mugabo witwa Maurice Wabwile uzwi mu gace atuyemo nka “Fundi” yafashe uyu mwana we w’umukobwa aramuboha amufungira mu mufuka arangije aramutwika amushinja ko yamutwariye amashiringi 20 yari yashyize ku meza.
Uyu mwana yatabawe n’induru yavugije atabaza ubwo yarimo gushya abaturanyi baraza baramuzimya bahita bamujyana kwa muganga.
Uyu mwana yavuze ko ubwo yari avuye ku ishuri yahise afatwa na se umubyara atangira kumubohesha umugoza amushinja kumwiba amashiringi 20.
Ati “Yambwiye ko yabuze amashiringi 20 ko akeka ko arinjye wayatwaye nyakuye ku meza yari yayashyizeho.
Uyu mugabo akimara gutwika uyu mwana yahise asohoka mu nzu afunga inzugi biba ngombwa ko abaturage bazimena kugira ng batabare uyu mwana urembye cyane kubera gushya.
Uyu mugabo yafashwe na polisi ubwo yarimo agerageza gutoroka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *