skol
fortebet

Kigali: Umukinnyi w’ umupira w’ amaguru witorezaga mu ikipe y’ Amagaju yasanzwe yapfuye

Yanditswe: Thursday 27, Apr 2017

Sponsored Ad

Ndahimana Sept, umukinnyi w’ umupira w’ amaguru w’ imyaka 19 y’ amavuko ,witozaga mu ikipe y’ ingimbi y’ Amagaju umurambo we watoraguwe mu murenge wa Kimisagara akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Umurambo wa Ndahimana Sept yari n’ umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye ku kigo cy’amashuri cya VTC/Musebeya watoraguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2017. Uwo murambo watoraguwe mu muferege ku Kimisagara hafi y’ikigo cy’urubyiruko (Maison des jeunes).
Amakuru (...)

Sponsored Ad

Ndahimana Sept, umukinnyi w’ umupira w’ amaguru w’ imyaka 19 y’ amavuko ,witozaga mu ikipe y’ ingimbi y’ Amagaju umurambo we watoraguwe mu murenge wa Kimisagara akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.

Umurambo wa Ndahimana Sept yari n’ umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye ku kigo cy’amashuri cya VTC/Musebeya watoraguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2017. Uwo murambo watoraguwe mu muferege ku Kimisagara hafi y’ikigo cy’urubyiruko (Maison des jeunes).

Amakuru avugwa ko Nyakwigendera yari umukinnyi utanga icyizere cy’ ejo hazaza ndetse bivugwa ko abatoza b’ amagaju bari barimo kumwigaho biteguraga kumuzamura akajya akina mu ikipe nkuru y’ Amagaju.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel; yavuze ko Ndahimana Sept bikekwa ko yaba ya guye mu muferege agahita apfa, bikanakekwa ko yaba yari yanyweye n’ubwo ibi bitaremezwa n’abaganga kuko umurambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Kacyiru kugirango ukorerwe isuzuma.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa