skol
fortebet

Muhadjiri agiye gusesa amasezerano n’ikipe ya Emirates Club yakiniraga

Yanditswe: Saturday 01, Feb 2020

Sponsored Ad

Rutahizamu w’Umunyarwanda,Hakizimana Muhadjiri yatangaje ko agiye gusesa amaezerano n’ikipe ya Emilates Club yo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu yakiniraga kubera ko hari iby itubahirije mu masezerano bagiranye.

Sponsored Ad

Iyi kipe Muhadjiri yari yarasinyiye amasezerano y’imyaka 3 muri Nyakanga 2019, ntiyamuhaye amahirwe yo gukina nkuko yabyifuzaga, kuko yabuze umwanya uhoraho wo kubanza mu kibuga.

Mu kiganiro uyu mukinnyi yagiranye n’ikinyamakuru Funclub dukesha iyi nkuru,Muhadjiri yavuze ko agiye gusesa amasezerano na Emirates yarangiza akigarukira I Kigali gushaka ikipe.

Yagize ati "Nibyo. Mu kwezi gutaha nzaba ndi i Kigali kandi nzaba ndi free agent kuko ngiye gusesa amasezerano n’ikipe yanjye. Gusa ubu ndacyari umukinnyi wa Emilates Club kugeza ubu."

Muhadjiri wari umaze amezi arindwi gusa mu ikipe ya Emirates Club,ashobora gusubira mu ikipe ya APR FC yahozemo.

Ibitekerezo

  • ko hari icyinyamakuru nasomyeho ko yageze mu rda ejo,turemera ibihe

    Aya mahirwe ushaka kwitesha uzayicuza ubuzima bwawe bwose. ushaka gusesa amasezerano kubera kubura umwanya ubanza mu kibuga? rero wamusore we n’ubusanzwe ugira ubwiyemezi kubera kumva ko ushoboye.. yego urashoboye ariko ujye ugerageza uce bugufi. ngaho ngwino rwose,, ubundi si APR FC na Rayons Sport wakinira? nkubwire rwose dore carriere yawe izarangirira mu kuzerera

    waba umupfu wwwwwweeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee

    Ariko abanyarwqnda no kwiyemera. Ibyo batubahirije se ni ibihe. We se ko yabahombeye ubwo yubahirije ibihe? Iyo ndirimbo turayihaze. Bajye bemera ko byabananiye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa